Andi makuru

Amb. Habineza Joseph yitabye Imana

Amb. Habineza Joseph yitabye Imana

Amb. Joseph Habineza wabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo yitabye Imana azaize uburwayi yari amaranye iminsi.

Inkuru y’urupfi rwa Habineza Joseph yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021.

Uyu mugabo akaba yaguye i Nairobi muri Kenya aho yari yaragiye kwivuza, ni nyuma kuva kwivuza muri Nigeria.

Habineza Joseph yitabye Imana afite imyaka 57, asize umugore n’abana 4, abahungu batatu n’umukobwa umwe, akaba ari abana b’impanga aho yabyaye impanga inshuro 2.

Tariki ya 13 Kanama 2021 yari yizihije isabukuru y’imyaka 33 amaranye n’umugore we barushinze.

Joseph Habineza yakoreye uruganda rwa Heineken i Kinshasa 1994-1998, ndetse aza no kuba umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri Heineken muri Nigeria mu 1998-2000.

Muri Nzeri 2004-Gashyantare 2011 yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, mu 2011- 2014 agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria.

Muri Nyakanga 2014 yaje kongera kugirwa Minisitiri wa Siporo ariko ntiyatizeho kuko muri Gashyantare 2015 yaje gusimbuzwa Uwacu Julienne.

Mu mpera za 2019 yahise afungura uruganda rukora amakaroni yitiriye izina rye, aho zitwaga ’Pasta Joe.

Muri 2019 yagize Muyobozi Mukuru w’ikigo gishya Radiant Yacu Ltd.

Habineza Joseph yitabye Imana
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top