Siporo

Gasogi United yasezereye abandi bakinnyi 4

Gasogi United yasezereye abandi bakinnyi 4

Gasogi United yasezereye abandi bakinnyi bane ibamenyesha ko batazakomezanya umwaka w’imikino utaha baba barindwi imaze kwereka umuryango.

Ni nyuma y’uko mu minsi ishize yari yashimiye Yao Henok ukomoka muri Côte d’Ivoire, Ngono Guy Herve ukomoka muri Cameroun ndetse na Mbirizi Eric ukomoka i Burundi.

Mu ijoro ry’ejo ku wa Kane, yasezereye umwe mu bakinnyi bari barambye muri iyi kipe, Rugangazi Prosper ndetse na myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso, Robert Mugabe.

Si aba gusa kuko yanatandukanye n’abakinnyi nka Niyitegeka Idrissa ukina mu kibuga hagati wayigezemo avuye muri Musanze FC. Yashimiye kandi umunyezamu Ntagisanayo Serge.

Gasogi United ikaba irimo isezerera abakinnyi mu rwego rwo kureba uko yazongeramo abandi yitegura umwaka w’imikino wa 2024-25, ni mu gihe uwa 2023-24 utagenze neza kuko basoje ku mwanya wa 9.

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top