Siporo

Umutoza wa Switchbacks FC yashimagije Rwatubyaye Abdul wongeye kugira ikibazo cy’imvune

Umutoza wa  Switchbacks FC yashimagije Rwatubyaye Abdul wongeye kugira ikibazo cy’imvune

N’ubwo Rwatubyaye Abdul atabonye umwanya uhagije wo gukina muri uyu mwaka w’imikino bitewe n’imvune, umutoza wa Colorado Springs Switchbacks FC, Alan Koch ashimira cyane uyu munyarwanda kuko ari umukinnyi watanze ibyo yari afite mu gihe yari muzima kandi akaba azi kubana neza n’abandi.

Uyu musore yari yatangiye shampiyona neza ariko byaje gukomwa mu nkokora nyuma ya tariki 18 Nyakanga 2020 ubwo yajyanwaga mu kato kubera ko inyubako abamo yagaragayemo umukinnyi wanduye icyorezo cya COVID-19.

Ubwo yari mu kato yaje kugira ikibazo cyo mu nyama zo mu itako zakwedutse (Pulled Hamstring), arimo yikoresha imyitozo.

Nyuma y’igihe kinini, tariki ya 19 Nzeri 2020 ni bwo yagarutse mu kibuga basuye New Mexico United banayitsinda ibitego 2-1.

Nyuma y’uyu mukino akaba atazagaragara mu kibuga vuba kuko yongeye kugira imvune bimusaba ko agomba kubanza kwivuza.

Yagize ati“imvune igiye gufata igihe. Ntabwo nizeye 100% ko mu mikino iri imbere nzayikina, ariko ninumva meze neza niteguye gukina.”

Umutoza w’iyi kipe, Alan Koch aganira na The Gazette, yavuze ko uyu myugariro w’umunyarwanda yahuye n’ibihe bitoroshye muri uyu mwaka, gusa ngo ntacyo amushinja kuko igihe yari muzima yatanze ibyo yari afite.

Ati“Abdul(Rwatubyaye) yagize umwaka utamworoheye. Uyu munsi yabaga yaje, ejo ugasanga ntari kumwe n’abandi bitewe n’impamvu zitandukanye. Igihe yitozaga uko bikwiye akanakina, yakinnye neza, neza cyane. Nishimiye umusaruro we.”

Uyu mutoza yakomeje avuga ko Rwatubyaye ari umukinnyi uzi kubana neza n’abandi, buri gihe ngo aza mu myitozo n’akanyamuneza mu maso, buri mukinnyi wese n’abatoza bishimira kubana na we kuko ari umukinnyi bidasaba impamvu kugira ngo yishime.

Yavuze kandi ko mu minsi iri imbere bari bwicarane n’uyu mukinnyi bavugane uburyo bamwongerera amasezerano cyane ko ayo yari afite arimo kugera ku mpera.

Rwatubyaye Abdul yahuye n'umwaka utoroshye ariko umutoza yishimira umusaruro we
Alan Koch yishimiye cyane Rwatubyaye Abdul
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top