Yatsinze ibitego 6 - Byinshi ku mibare ya rutahizamu Rayon Sports yasinyishije
Rayon Sports yamaze gutangaza ko yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri rutahizamu, Nizeyimana Moubarak wakiniraga Marines FC.
Mu ijoro ryakeye ni bwo iyi kipe yambara ubururu n’umweru, binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo yahaye ikaze uyu mukinnyi uri mu batsinze ibitego byinshi mu ikipe ya Marines FC mu mwaka w’imikino ushize.
Muri iyi nkuru ISIMBI igiye kugaruka ku musaruro w’uyu mukinnyi w’imyaka 22 mu mwaka w’imikino wa 2025-26 ariko muri Shampiyona gusa.
Mu mikino 34 ya Shampiyona y’icyiro cya mbere ikipe ye yakinnye, Nizeyimana Moubarak yagaragaye ku rupapuro rw’umukino inshuro 29.
Muri iyi mikino, imikino itandatu ni yo yakinnye abanje mu kibuga, imikino 23 yabanje ku ntebe y’abasimbura ni mu gihe imikino 5 atabonetse ku rupapuro rw’umukino.
Nubwo inshuro nyinshi yinjiraga mu kibuga asimbura, yabashije gutsindira ikipe ye ya Marines ibitego bitandatu.
Igitego cya mbere yagitsinze tariki ya 20 Nzeri 2025 mu mukino batsinzemo Etincelles FC 2-0, yatsinze icya kabiri.
Igitego cya kabiri yagitsinze tariki ya 4 Ukwakira 2025 batsinda Rutsiro FC 2-0, ni we watsinze icya mbere.
Tariki ya 6 Ukuboza 2025, ubwo Marines FC yatsindiraga Gasogi United i Kigali 2-0, Nizeyimana Moubarak yatsinze icya mbere kiba icya gatatu cye muri Shampiyona.
Icya kane yagitsinze tariki ya 2 Mutarama 2026 batsinda Amagaju 1-0.
Nizeyimana Moubarak yatsinze igitego cya gatanu cye tariki ya 11 Mutarama 2026 ubwo Marines FC yatsindwaga na Musanze FC 3-1, ni we watsinze igitego cy’impozamarira.
Mu mukino banganyijemo na Al Hilal SC 1-1 tariki ya 6 Mata 2026 ni we watsindiye Marines FC, aba yujuje igitego cya gatandatu cye, ni nacyo cyafunze ibitego yatsinze mu mwaka w’imikino wa 2025-26.

Ibitekerezo