Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yishimiye Rayon Sports yaraye igeze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup itsinze Jamus SC.
Uyu mukino wabaye ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 4 Kanama 2026, ibitego 3-1 ni byo byafashije Gikundiro kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ririmo kubera mu Rwanda.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashimiye iyi kipe ayibwira ko intego igomba kuba imwe, igikombe kigasigara mu Rwanda.
Ati "Oh Rayon! Mukomeze umuvuno, intego ikomeze kuba yayindi… Igikombe kirasigara iwacu kuri uyu wa Gatanu."
Ku mukino wa nyuma uzaba ku wa Gatanu tariki ya 7 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro saa 18h00’, Rayon Sports izahura na Gor Mahia yo muri Kenya yasezereye Al Hilal SC.
Oh Rayon!👏 🔵⚪️
Mukomeze umuvuno, intego ikomeze kuba yayindi.. Igikombe kirasigara iwacu kuri uyu wa gatanu 🏆. https://t.co/gkc6xo3Eks
— Nelly Mukazayire (@nmukazayire) August 4, 2026

Ibitekerezo
Ndacyayisaba Samuel
Ku wa 5-08-2026Nibyiza cyane ko igikombe cyasigara murwanda imbere yumukuru wigihugu
Ndacyayisaba Samuel
Ku wa 5-08-2026Nibyiza cyane ko igikombe cyasigara murwanda imbere yumukuru wigihugu
Eric
Ku wa 5-08-2026Nibyiza nukuri