Siporo

Mugisha Bonheur agiye guhangana na Cristiano Ronaldo

Mugisha Bonheur agiye guhangana na Cristiano Ronaldo

Umukinnyi w’umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Mugisha Bonheur Casemiro yamaze kwerekeza mu ikipe ya Al-Hazem Saudi Club yo muri Saudi Arabia ikina icyiciro cya mbere "SaudinPro League."

Iyi Shampiyona ni yo ikinamo Al Nassr ya Cristiano Ronaldo bivuze ko bagiye kujya bakina bahanganye.

Casemiro akaba yakiniraga Al Masyr yo mu cyiciro cya mbere mu Misiri.

Ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama 2026, nibwo Al-Hazem ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yahaye ikaze uyu mukinnyi w’umunyarwanda aho yavuze ko azayifasha mu mwaka w’imikino utaha wa 2026-27.

Yagize iti “Bonheur Mugisha yatangiye urugendo rwo kwiyemeza muri byose.”

Mugisha Bonheur w’imyaka 26 kuva 2017-19 yakiniraga Heroes FC, yahise imutiza Mukura VS kugeza 2021.

Yahise yerekeza muri APR FC ayikinira kugeza 2023 ari bwo yajyaga muri Al Ahli Tripoli yo muri Libya atatinzemo kuko muri uwo mwaka yahise ajya muri Al Masra nayo ntiyitindamo, 2024 ajya muri Stade Tunisien yo muri Tunisia ayikinira umwaka ayivamo ajya muri Al Masry SC yo mu Misiri yakiniraga kugeza uyu munsi.

Mugisha Bonheur yerekeje muri Al-Hazem SC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top