Perezida wa Rayon Sports yashyize umucyo ku kibazo cy’imodoka y’abakinnyi
Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yavuze ko umwaka utaha w’imikino wa 2026-27 iyi kipe izaba igenda mu modoka yayo, kuko gutega tega birabahenda cyane.
Yabigarutseho ubwo yakomozaga ku bibaza imodoka Airtel yabemereye aho igeze kuko igihe bavuze cyarangiye ndetse kirenzeho iminsi myinshi.
Yavuze ko ingendo basanze zibatwara byibuze miliyoni zirenga 50 Frw, rero iyi modoka izaba ihari mu mwaka utaha w’imikino nubwo bashobora kutayitangirana.
Ati “Abibaza imodoka Airtel yemeye aho iri, rwose umwaka utaha muri shampiyona tuzaba dufite ‘bus’ wenda nubwo tutatangirana nayo ariko mu minsi ya mbere tuzaba dufite bus, ni kimwe mu bintu bitugora kuko ingendo z’abahungu n’abakobwa mu mwaka zidutwara amafaranga arenga miliyoni 50 Frw.”
Muri Kanama 2025 ni bwo Rayon Sports yatangaje kumugaragaro ko Airtel igiye kubafasha kugura imodoka ndetse yanagombaga kuba yaranageze mu Rwanda ariko kugeza ubu ntabwo irahagera.

Ibitekerezo
No peter
Ku wa 21-06-2026Nishimiye izo erekitoma zirikugenda ziba muruyi minsi
No peter
Ku wa 21-06-2026Nishimiye izo erekitoma zirikugenda ziba muruyi minsi
No peter
Ku wa 21-06-2026Nishimiye izo erekitoma zirikugenda ziba muruyi minsi
Djarudi
Ku wa 20-06-2026Iyo bus turayishimiye kbc
Ishimwe Bertiride
Ku wa 19-06-2026Turabyishimiye cyane nkabafana ba rayon l.